AMAKURU MASHYA YA EL-SHADDAI CHOIR RWANDA

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp
El-shaddai

El-shaddai Choir Rwanda ifite ivugabutumwa muntara y’amajyepfo mukarere ka Huye muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye kuri iki cyumweru taliki 30 Ukwkira 2022.

El-shaddai Choir Rwanda

Twaganiriye byinshi n’umwe mubayobozi atubwira kwivugabutumwa bafite muntara yamajyepfo ku itariki 30/10/2022  atubwira ko El-shaddai Choir atari korari yo murusengero rwabo gusa ati ahubwo tuvuga ubutumwa no hanze y’itorero ryacu, kuko intego yacu ni ukugirango turusheho kuzana abantu kuri Yesu ikiba imwe mu mpamvu zuko aho dutumiwe hose tujyayo kuberako ni umurimo twahamagariwe gukora kandi tuwukora n’umutima ukunze, iyi korari ifite ivugabutumwa muri kaminuza nkuru y’u Rwanda ishami rya Huye.

Abasore n’abagabo ba El-shaddai Choir Rwanda, aya mashusho yagaragaraye mundirimbo yitwa IMIRINDI ni indirimbo yahariwe igitsina gabo gusa.

 yakomeje avuga ko iyi korari iri kwitegura kujya kuvuga ubutumwa i Huye ati ariko mbere ho gato  kuwa gatanu taliki 28/10/2022 ndetse  no kuwa gatandatu 29/10/2022  tuhafite irindi vugabutumwa mu mujyi wa Kigali. Twakomeje tumubaza uko ibyo bikorwa byose babishobora, atubwirako ikibashoboza ari umuhamagaro bafite, ati twahamagariwe gukiza imitima y’abantu binyuze mubihangano byacu dukora.

Abagore n’abakobwa ba El-shaddai Choir Rwanda, mundirimbo yahariwe igitsina gore yitwa Ikibasumba

El-shaddai Choir Rwanda  ni imwe muri korari ziririmbana ubuhanga mundirimbo zabo hafi ya zose, rimwe na rimwe usanga baririmba nta byuma bicuranga, bagakoresha amajwi gusa  mubyo bita ACAPELA.       Ni korari  yamenyekanye  mundirimbo nka CIKAMO, umugore nizindi nyinshi, nk’indirimbo bita CIKAMO  abenshi baziko ari ryozina ry’iyi korari  kubera ukuntu yakunzwe cyane  n’abantu benshi, kugeza naho  bita korari CIKAMO.

Amashusho ubwo El-shaddai yari muri concert muri Dove Hotel.

Andi makuru ni uko iyi korari  irimo gusohora indirimbo nyinshi zitandukanye  harimo iyitwa ABERA na URAZA ndetse bakaba bafite n’izindi nyinshi zitarasohoka. Abo twaganiriye mubaririmbyi  baririmba muri iyi korari batubwira byinshi bitandukanye  barimo nko gutegura ibitaramo n’ ivugabutumwa ritandukanye.

El-shaddai Choir Rwanda

Iyi korari ni imwe muri korari zimaze kwandika izina mu Rwanda, umuyobozi wayo yitwa Ntezeyombi Beni, afite n’abandi baririmbyi bamaze kwandika izina muri gospel Nyarwanda aha twavuga nka David Ndaruhutse, Manager Sembabazi Moise n’abandi benshi.

Wifuza ibihangano by’iyi korari wasura Channel yabo ya Youtube: El-shaddai Choir Rwanda

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Lorem ipsum dolor sit amet, consectetur adipiscing elit, sed do eiusmod tempor incididunt ut labore et dolore