URUKUNDO RWA MARINA NA YVAN MUZIKI RURACA AMARENGA

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Ibya Marina na Yvan Muziki m’urukundo bikomeje kuvugisha imbaga nya mwinshi nyuma yaho Marina akoranye ikiganiro n’umwe mu banyamakuru bahano mu Rwanda.  Amubajije umukunzi we yahise asubiza ko aba mu Bubiligi ibi rero byashyize abantu benshi mu rujijo bitewe nuko Yvan Muziki nawe akunze kuba  ari mu Bubiligi kandi bigaterwa n’umubano bafitanye  abantu bakabihuza nabyo.Hashize iminsi bivugwa ko Marina impamvu atakiri gukora cyane umuziki we byaba biriguterwa n’uyu mubano urihagati ye na yvan Muziki.Nubwo bimeze gutyo ariko   Marina na Yvan Muziki berekeje i Dubai gutaramirayo, nyuma y’iminsi igitaramo cyabo gisubitswe kikimurirwa ku tariki ya 10 Ukuboza 2022,kuU mpamvu aba bombi  batigize bashaka gutangaza ku iyimurwa ry’iki gitaramo.

Ni igitaramo cyari giteganyijwe ku wa 3 Ukuboza 2022  icyakora kiza gusubikwa ku munota wa nyuma. Ibi rero abenshi mu bakunzi b’umuziki nyarwanda bari kuvugako urukundo rw’aba bombi rwatangiye cyera kugera n’aho bakoranye indirimbo yitwa urugo ruhire remix basubiyemo hamwe n’umuhanzi uririmba injyana za gakondo uwo rero ntawundi ni Intore Masamba.

Iyi ndirimbo nayo yaciye ururondogoro kuko bayikora abenshi baketse ko ari ubukwe bwabo bwabaye mu ibanga bakitwaza indirimbo nkuko bimaze kumenye rwa mu myidagaduro hirya no hino ku isi ariko aba bombi babihakanye bivuye inyuma bavugako yari indirimbo gusa  reka dutegereze turebe aya magambo y’abakunzi ba muzika hano mu Rwanda icyo azabyara.

Iyi ni imwe mu mashusho ari mu ndirimbo urugo ruhire remix na Masamba Intore.
Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Lorem ipsum dolor sit amet, consectetur adipiscing elit, sed do eiusmod tempor incididunt ut labore et dolore